Umuvugizi w’ Itorero rya Pentecote byavugwaga ko yahunze, yagarutse mu Rwanda.
Hashize igihe bivugwa ko umuvugizi w’ itorero rya Pentecote mu Rwanda ADEPR...
Ukwezi kwa cyenda (Nzeli mu kinyarwanda), benshi mu bafite aho bahuriye n’iyobokamana cyane imboni z’abakristo: Abashumba, abavugabutumwa, abahanzi,.... bafite ubutumwa bagenda bagenera ababakurikira, akenshi buba bunaherekejwe n’ijambo ry’Imana.
Ni muri urwo rwego umushumba w’itorero Zion Temple ku isi, Intumwa Paul Gitwaza nawe yasangije ubutumwa bukangurira abantu kuguma bugufi bw’Imana. Ati" Shalom, nkwifurije ukwezi kwiza kwa Nzeli, kuzakubere ukwezi "Kw’ibyishimo no gutegurira inzira Uwiteka!"
"Nuko bene Data, mwihangane mugeze aho Umwami Yesu azazira. Dore umuhinzi ategereza imyaka y’ubutaka y’igiciro, ayirindira yihanganye kugeza aho azabonera imvura y’umuhindo n’iy’itumba. Mube ari ko namwe mwihangana, mwikomeze imitima kuko kuza k’Umwami Yesu kubegereye. Yakobo 5:7-8
Uzishimire kuba mu nzu y’Uwiteka nawe azakwibuka, yiteguye kukuruhura ibyo byose bikugoye. Ndakwifuriza kugubwa neza wowe n’umuryango wawe, n’itorero ryawe ndetse n’igihugu cyawe! Uwiteka ahaze gusenga kwawe, anezeze umutima wawe akwambutse ibikugoye kandi akurinde imigambi mibi yose, ahe umugisha ibyo ukora n’ubuzima bwawe.
Ndakwaturaho amavuta mashya mu buzima bwawe, uhabwe imbaraga zo guhamya Kristo. Ndakwaturaho umunezero, ndakwaturaho kuzamurwa, Uwiteka azaguhe kuramba imyaka myinshi uvuge ibitangaza no gukomera kwe. Imana ibahe umugisha!
Ubutumwa bw’Umushumba w’itorero Zion Temple ku isi Dr Paul Gitwaza muri uku kwezi kwa Nzeli.
Hashize igihe bivugwa ko umuvugizi w’ itorero rya Pentecote mu Rwanda ADEPR...
Mu giterane cyiswe ‘Rwanda Shima Imana’ cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya...
Uwiringiyimana Theogene benshi bazi ku izina rya Bosebabireba kubera...
Kuri ubu, ngo bamwe mu byamamare mu byiciro binyuranye ku isi baba bari mu...
Ibitekerezo (0)