Menya neza ibiranga umugore mwiza n’umugore mubi, usobanukirwe n’ ubwiza bw’umugore ubwari bwo!
Burya umugore ni we rufunguzo rw’umubano, mu bavandimwe n’abaturanyi. N’ubwo...
"Umuntu wese ahabwa ikimwerekanaho Umwuka Wera kugira ngo bose bafashwe" 1 Abakorinto 12:7
Mubyerekana ko umuntu yahawe Umwuka Wera harimo n’imbuto z’Umwuka Wera, kandi impano zitangwa atari inyungu bwite ku muntu wazihawe ahubwo ari ukugira ngo bose bafashwe.
Impano z’Umwuka Wera zirimo ibyiciro bibiri:
1. Hari izishira cyangwa zirangira, ni 7 ariko zishira kubera impamvu , izi mpano zituma abantu baza bakurikiye imirimo yazo:
i. Kuba intumwa, Abefeso4:11
ii.Ubuhanuzi, 1Abakorinto 12:10
iii. Gukora ibitangaza, 1 Abakorinto 12:28
iv.Gukiza indwara, 1 Abakorinto 12:9
v. Impano y’ijambo ryo kumenya , 1 Abakorinto 12:8
vi. Kuvuga indimi nyinshi , Yakobo 3:5
vii. Gusobanura indimi, 1 Abakorinto12
2. Hari izindi mpano zitarangira, izi ni 11 izi mpano mbere yuko zifasha abandi zibanza zigafasha uzihawe.
i. Ubwenge, 1 Abakorinto 12:8
ii. Kurobanura imyuka , 1 abakorinto 12:18
iii. Kutikanyiza, Abaroma 12:8
iv. Guhugura , Abaroma 12:8
v. Gufasha , Abaroma 12:7
vi. Ubugwaneza , Abaroma 12:8
vii. Ubuyobozi n’ubutegetsi, Tito 1:4-5,1 Abakorinto 12:28
viii. Kwizera, 1 Abakorinto 12
ix. Kwigisha, Abefeso 4:11, Ibyakozwen’intumwa 18:24-25
x. Kubwiriza ijambo ry’Imana, 2 Timoteyo4:5
xi. Kuba umushumba, Ibyakozwe n’intumwa 20:28
Buriwese agire ikimwerekanaho Umwuka Wera w’Imana kugira ngo abizera n’abatizera bafashwe.Imana itwambike imbaraga muri uru rugendo Dushake uwo Mwuka Wera ni Yesu wamutugeneye.
Source: cepurhuye.org
Burya umugore ni we rufunguzo rw’umubano, mu bavandimwe n’abaturanyi. N’ubwo...
“Umuntu niyibwira ko ari ikintu kandi ari nta cyo ari cyo, aba yibeshye....
« Ibintu 4 Yabesi yasabye Imana» 1 Ngoma 4:10 Yabesi yari afite igikomere...
Iyo tuvuze ijambo “umugisha” buri wese hari icyo ahita yumva kuko umugisha...
Ibitekerezo (0)