Menya neza ibiranga umugore mwiza n’umugore mubi, usobanukirwe n’ ubwiza bw’umugore ubwari bwo!
Burya umugore ni we rufunguzo rw’umubano, mu bavandimwe n’abaturanyi. N’ubwo...
Utwigarurire Uwiteka, Natwe tuzaba tukugarukiye. Tugarurire ibihe byacu, Bibe nk’ibya kera. Amaganya 5:21
Mu gihe cy’ umuhanuzi Yeremiya ubwo abari batuye I Yerusalemu bajyanwagwaho iminyago, ntibahwemye kwibuka ndetse bakifuza kongera kugira ibihe byiza bahoranye ubwo bari bakiri iwabo kuko byari iby’ umudendezo. Ibyo bikabatera kurira buri gihe uko babyibutse , (Nyamara igihe bari babifite ntibabihaga agaciro byari bifite).
Umuntu wese mu buzima bwe agira ibihe byiza yibuka Kandi uko abyibutse yumva yifuje kubisubiramo, ngo yongere yishime bundi bushya nyamara ntibikunze gushoboka.
Niba ukijijwe ibuka umunezero wagize ubwo Yesu yinjiraga muri wowe, byari ibihe byuzuye umunezero wo mu mutima ukumva iby’isi ntacyo bikubwiye ahubwo ukumva ukumbuye ijuru gusa.
Mbese bya bihe byiza uzi wagiranye na Yesu kirya gihe ubu biracyahari? Niba bihari ni amahire! Ariko niba bidahari saba Yesu yongere akuhire.
⚠️ Mbese ari urya munsi wakijijweho n’ uyu munsi, uwo wumva impanda ivuze utasigara ni uwuhe?
Wisubize
Saba Yesu yongere aguhe ibihe byiza byo kumwubaha, kubana nawe ndetse no kumukorera nkuko wabikoraga kirya gihe. Shalom!
Source: Cepurnyarugenge.org
Wareba n’iyi nyigisho: UBURYO BWOSE BWO GUSENGA BY Past. Desire HABYARIMANA
Burya umugore ni we rufunguzo rw’umubano, mu bavandimwe n’abaturanyi. N’ubwo...
“Umuntu niyibwira ko ari ikintu kandi ari nta cyo ari cyo, aba yibeshye....
« Ibintu 4 Yabesi yasabye Imana» 1 Ngoma 4:10 Yabesi yari afite igikomere...
Iyo tuvuze ijambo “umugisha” buri wese hari icyo ahita yumva kuko umugisha...
Ibitekerezo (0)