Imyiteguro igeze kure ya « Ikuzo Gospel Concert » igitaramo ngarukamwaka kizajya gihuza abahanzi, amakorali, ababyinnyi n’abacuranzi mu guhimbaza Imana
Ikuzo gospel Concert ni igitaramo gikomeye kiri gutegurwa na Moriah...
Imyiteguro ya Rabagirana worship Festival iteganyijwe kuba tariki ya 4 Ugushyingo 2018 guhera saa cyenda za nimugoroba kuri Kigali Serena Hotel, ikomeje kujya mbera ari nako abahanzi bamwe bibyamamare mu Rwanda mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bakomeje kuzamura ukuboko berekana ko batazabura muri iki gitaramo giteganyijwemo ibintu byinshyi by’udushya.
Kuri ubu umuhanzi Bosco nshuti , Liliane Kabaganza na Simon Kabera bamaze kwemezako bazaririmba muri Rabagirana worship Festival, abantu bakongera kwizihirwa, dore aba bahanzi bombi kubera imiririmbire yabo n’ubutumwa bukubiye mu bihangano byabo, bamaze kugira ababakurikira batari bake haba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.
Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, Peace Nicodeme Nzahoyankuye uhagarariye Rabagirana Worship Festival, yavuzeko iki gitaramo kigamije kwibutsa abanyempano ko bidahagije kuba ufite impano cyangwa ufite imirimo myinshi ukorera Imana,ahubwo ko ukwiye kongeraho imbuto.Gifite intego iboneka mu Abafilipi 4:17 ”Nyamara burya si impano nshaka ahubwo nshaka ko imbuto zongerwa kuri mwe”.
Rabagirana Worship Festival izajya iba buri mwaka mu Rwanda, ni iya kabari mu iserukiramuco ry’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana nyuma ya Himbaza Festival iheruka kuba mu Ukuboza, 2016.
Umva indirmbo “IMIRIMO YAKOZE”ya Liliane Kabaganza
Umva indirmbo “UWAMBITSWE”ya Nshuti Bosco
Umva indirimbo"HARI INSHUTI"ya Simon Kabera
Ikuzo gospel Concert ni igitaramo gikomeye kiri gutegurwa na Moriah...
1.Umubare w’abantu benshi cyane watumye hari abataha batarebye
Nk’uko mwabimenyeshejewe binyuze mu bitangazamakuru binyuranye, kuri iki...
Kuri iki cyumweru cya 23 /09/ umuhanzi FRERE Manu yashimishije abakunzi...
Ibitekerezo (0)