Turi Taliki 23 -05 -2013 »» Dufite Abashyitsi 45
||
Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 22/09/2012 mu Itorero ry’ ADEPR Kicukiro habereye igiterane cy’ abubatse ingo cyahuje amatorero ya Rwampara, Gikondo na Kicukiro.
Afungura ku mugaragaro iki giterane Past Butera Celestin umushumba w’ Itorero rya Gikondo yasomye ijambo riri muri Nehemiya 2:17-18 hagira hati: Mperako ndababwira nti Ntimureba ko tumeze nabi, ko i Yerusalemu habaye amatongo n’amarembo yaho akaba yarahiye? Nimuze twubake inkike y’ I Yerusalemu tutagumya kuba igitutsi.
Yakomeje avuga ko umukristo akwiye kuba afite ishyaka ryiza ry’ Imana haba hari igihe abonye ibibi bikamubabaza cyangwa abonye ibyiza, byose abishimira Imana. Icyatumye Nehemiya abasha gukiza Yerusalemu ni uko yagize umubabaro w’ibibera I Yerusalemu. Nyuma, umwami yamuhaye uburenganzira bwo kujya gusana inkike no kubaka inzu y’ Imana.
Natwe, ibyo tureba n’ amakuru mabi y’ibyo twumva bibera mu ngo bitubabaze tubisengere kugeza ubwo impinduka izaza tukagira ingo zubaha Imana. Kugira ngo itorero n’ iguhugu bibe bizima ni uko ingo ziba ari nziza kabone ko n’ uburere bwiza bw’abana ariho buturuka.
Mu Kiganiro twagiranye na Mwalimu Alexis uyobora mu itorero rya Kicukiro nawe wari witabiriye amahugurwa yabubatse ingo n’ umugore we yadutangarije ko bayungukiyemo byinshi. Yatubwiye ko bibukijwe ko umugabo agomba gukunda umugore kuko ari inshingano ye. Umugore nawe akaganduka.
Twamubajije nk’umuyobozi w’itorero ibibazo bahura nabyo bijyanye n’ingo. Yadutangarije ko ibibazo bahura nabyo ari uko ingo nyinshi ziri gusenyuka bitewe no kutubaha ishingano za buri umwumwe wese, asoza asaba ingo zose ko zikwiye kubakira ku ijambo ry’ Imana kuko Uwiteka iyo atari we wubaka inzu abubaka bose baba bubakira ubusa. Zaburi 127:1